Ibinyoma by' amadini dusengamo by ISMAEL MWANAFUNZI na Alphonse Munana

MASABO NYANGEZI ATI « SI INKOVU , BIRACYARI IBIKOMERE » Nyuma y'imyaka 7 mu buroko i Butare no ku Gikongoro, Masabo yavuyemo akatiwe imyaka 6 y'igifungo. Ubwo yararekuwe. Akigera hanze, FPR imusubiza muri Gacaca , yo imukatira gufungwa burundu. Kumujyana muri Gacaca ariko, ngo byaba byaratewe n'uko Masabo yanze kuzuza agatabo k'abanyamuryango ba FPR, bivuga ko uba winjiye muri FPR. Icyakora iyo migirire ikaba ari kamere ka Masabo kuko no mu gihe cya MRND, Masabo ngo nta shyaka yarimo kandi yarakoraga muri Perezidansi. Masabo Nyangezi ubu ubarizwa mu gihugu cy'ububiligi, aratanga ubuhamya ku byo yabayemo: 1. Igihe yise "icy'ubutesi" 2. Masabo ahungira ku ivuko 3. Masabo mu BUROKO 4. Uko yageze muri Gacaca 5. Masabo ahunga u Rwanda 6. Icyizere kuri ejo hazaza. Radio Tuganire www.radiotuganire.com N.B: Mushobora namwe gutanga ibitekerezo, mwandikira radio tuganire.